Friday, March 12, 2010

SIMPLE DJUGALA YATUGANIRIYE UKO AHAGAZE MURI INO MINSI

Karangwa Jean Dedieu a.k.a SIMPLE DJUGALA ni umuhanzi w’imyaka 27. Abarizwa mu karere ka Huye mu murenge wa Ngoma. Muzika akaba yarayitangiriye muri group ya SIMPLE FAMILY. Ijwi ry’uyu musore rikaba ryumvikana mu ndirimbo z’iyi group zitandukanye nk’iyitwa Igitaramo. Mu gihe rero kingana n’imyaka ibiri atangiye kuririmba ize wenyine amaze gusohora indirimbo ebyiri. Zikaba zose ziri mu njyana ya Ragga Tone. Imwe ni NJIYA NI MOJA indi ikaba ari IWACU NI HEZA zose zikaba zaratunganyijwe na Dj Ruti muri Standard studio mu 2009. Ubu rero uyu muhanzi aratangaza ko abifashijwemo na manager we Henry ateganya kwinjira muri studio zitandukanye ziganjemo izo mu karere ka Huye maze agatunganya indirimbo zitandukanye ngo zizamufasha kwagura ibikorwa bye bya muzika muri uyu mwaka. Muri byo harimo kwitabira ibitaramo bitandukanye maze akabasha na we kwamamara., N k’ubu ngo mu gitaramo giteganyijwe kubera I Nyamagabe muri week end itaha Djugala ntazahatangwa. Iki gitaramo kizanitabirwa n’abandi bahanzi batandukanye nka M Jules na Rino G



No comments:

Post a Comment

Gira icyo utubwira kuri iyi nkuru.